mardi 17 mars 2015

Amabandi 12 ku mubikira w'imyaka 72

 Umubikira wumiwe we!
Umubikira w’imyaka 72 amerewe nabi nyuma yo guterwa akanafatwa ku ngufu n’amabandi agera kuri 12 yari yinjiye aho baba kuri iki cyumweru ahagana saa saba z’ijoro.
Aba bajura baziritse abandi babikira ubwo bari batangiye kwiba mu nyubako aba babikira bo kw’ishuri rya Yesu na Mariya babamo ahitwa Ranaghat mu Buhinde.

Uyu mubikira wafashwe ku ngufu ntago yigeze abasha kubona ubufasha bwo kwa muganga kugeza bukeye kuri uyu wa mbere nk’uko byatangajwe na Sky News.
Biravugwa ko uyu mubikira w’imyaka 72 yakomerekejwe bikomeye ndetse akaba agomba no kubagwa.
Amasengesho yahise atangira hirya no hino mu nsengero zo mu Buhinde nyuma y’ibi bintu, haniyongeraho imyigaragambyo yo kwamgana ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorerwa abagore bo mu Buhinde.
Padiri Dominic Gomes ukuriye archidiocese ya Kolkata, yabwiye NDTV ko nyuma yo kuzirika ababikira batatu muri batanu, aba bajura binjiye mu cyumba cy’umuyobozi wabo bakagisahura, bakangiza ibintu ndetse bakiba amafaranga, laptop na telephone mobile.
Igipolisi nacyo kuri ubu cyatangiye iperereza kugira ngo abantu bakoze aya mahano batabwe muri yombi bashyikirizwe inkiko nk’uko byatangajwe na minisitiri Mamata Banerjee.

Aucun commentaire:

Enregistrer un commentaire