mardi 17 mars 2015

Yanize Umugabo we kubera Impano atamuhaye

Umugore w’imyaka 43 ushinjwa kugerageza kuniga umugabo we kubera ko na we atamuhaye impano yishyura izo yahawe ku munsi wa Saint Valentin, yahaswe ibibazo n’igipolisi kuri uyu wa mbere. Mu muco wa Kiyapani ubusanzwe abagabo baba bagomba guha impano abagore babo kuwa 14 Werurwe, umunsi uzwi nka White Day, bishyura impano baba barahawe zigizwe na za chocola n’ibindi bintu bahabwa n’abagore babo ku munsi w’abakundanye kuwa 14 Gashyantare.


Uyu mugore witwa Mie Nishiyama rero nyuma yo kubona umugabo we w’imyaka 31 ntacyo amuhaye, yagize umujinya aniga umugabo we hafi yo kumuhitana.
Nishiyama watawe muri yombi n’igipolisi iwe mu rugo mu burengerazuba bw’umujyi wa Sakai nyuma y’uko umugabo we yari amaze kugihamagaza ngo kimutabare, yakibwiye ko yakekaga ko umugabo we afite indi nshuti.
“Ntago yamaye impano anyishyura iyo namuhaye ku munsi wa Saint valentine. Nararakaye ndamuniga” uko niko yabwiye igipolisi.
GIF - 179.7 kb
Iduka ricuririzwamo impano ryitiriwe White Day
Uyu mugore yakomeje avuga ko ataragamije kwica umugabo we nk’uko umupolisi yabitangarije AFP, ariko ntibyabujije ko atabwa muri yombi ashinjwa kugerageza kwica umuntu.
Umuco wo mu Burayi wa Saint valentine wageze mu Buyapani usa nk’uhindurwa, aho abagore ari bo baba bagomba guha impano abagabo babo, abo bakorana n’abakoresha babo, ariko haje gushyirwaho undi munsi wiswe White Day nk’uburyo abagabo baba bagomba kwishyura abagore babo babaha impano.

Aucun commentaire:

Enregistrer un commentaire